Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Umunyarwanda Mickels ashaka kwandika amateka muri Champions League mu mukino na Man Utd
Joy-Lance Mickels yari umufana wa Manchester United kuva akiri umwana, ariko kuru uyu wa kane uyu mukinnyi mpuzamahanga w'Umunyarwanda arakabya inzozi ze.
Uyu mukinnyi w'imyaka 32 y'amavuko biteganijwe ko ari butangire muri 11 ubwo ikipe ye ya Azerbaijani side Sabah iza kuba ikina umukino wayo n'amashitani atukura ya Man utd, mu cyiciro kibanza cy'imikino ya UEFA Champions League uyumunsi ku saa 9:00PM z'umugoroba.
"Nkurikirana buri mukino wa [Man Utd] igihe cyose mbishoboye," niko yabibwiye BBC.
"Ni yo tombora nziza twagize, Twe nk'ikipe ya [Sabah] uko nge mbibona. Noneho biba akarusho kuko tugiye gukinira i Old Trafford."
"Manchester United ni imwe mu makipe akomeye cyane ku isi, rero bizaba ari ishema kuri ngewe kwinjira muri kiriya kibuga."
Mickels ari gukinira iyi kipe ku nshuro ya kabiri, nyuma yo kongera kuyigarukamo. Iyi kipe ituye mu mujyi wa Masazir, uherereye hafi muri kilometero 16 mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw'umurwa mukuru Baku.
Yagize uruhare rukomeye mu gufasha ikipe ye, yanatwaye igikombe cya shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Azerbaijan kugera kuri uru rwego, ku nshuro yayo ya mbere muri Champions league.
Uyu rutahizamu yatsinze ibitego bine mu mikino yo gushaka itike, mu gihe iyi kipe imaze imyaka icyenda gusa ishinzwe, yanyuze mu mikino ine y'amajonjora yakinnye mu byiciro bibiri, kugira ngo igere mu mikino nyirizina ya Champions League.
Kimwe muri ibyo bitego ni cyo cyatumye iyi kipe itsinda Hapoel Be'er Sheva yo muri Israel ku giteranyo cy'ibitego 6-4, nyuma y'uko igitego cyatsinzwe ku munota wa 94 cyatumye umukino wo gushaka itike ukomeza mu minota 30 y'inyongera.
Mickels yagize ati: "Kugera kuri Champions League ni amateka akomeye ku ikipe ya Sabah kandi gutangirira ku kibuga cya Man u Old Trafford bishimijije kurushaho."
"Ariko kandi, ntitujyayo kugira ngo twishimire ikirere cyaho gusa. Turashaka guhatana, tugahagararira neza ikipe yacu ndetse na Azerbaijan, kandi tukerekana ko dukwiye kuba muri iri rushanwa."
Amateka ku Rwanda
Mickels yamaze igice cya mbere cy'umwuga we mu mupira w'amaguru mu makipe yo mu byiciro byo hasi mu Budage, aho yavukiye akanakurira, ariko yanakiniye mu Buholandi no muri Saudi Arabia.
Yabanje gukinira Sabah FC hagati ya 2021 na 2023, mbere yo kongera gusubira muri Bank Respublika Arena hashize imyaka ibiri.
Ati: "Mu mwuga wanjye ntibyigeze bigendera ku murongo ugororotse cyangwa ngo bihore byoroshye.
"Nakiniye mu byiciro bitandukanye ndetse no mu bihugu byinshi. Ariko buri bunararibonye nagize bwamfashije gukura, haba nk'umukinnyi w'umupira w'amaguru ndetse nange nk'umuntu."
Binyuze mu babyeyi be bafite inkomoko mu Rwanda nawe yemerewe gukinira u Rwanda, kandi muri Werurwe (3) ni bwo yakinnye umukino we wa mbere mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi.
Mickels ubu agiye kuba umukinnyi wa mbere ukomoka mu Rwanda uzakina mu mikino nyirizina ya Champions League.
Ati: "Nishimira cyane inkomoko yanjye y'u Rwanda.
"Guhagararira u Rwanda mu gihe nkina muri Champions League ni ibintu byihariye cyane kuri njye.
"Ndizera ko urugendo rwanjye ruzafasha gutera imbaraga abakinnyi bakiri bato b'Abanyarwanda, rukabereka ko iyo ufite icyizere, ukagira umuhate kandi ukihangana, bishobora kukugeza ku rwego rwo hejuru mu mupira w'amaguru."
Guhangana n'amakipe akomeye y'Iburayi
Sabah izatangira urugendo rwayo muri Champions League ikina na Manchester United i Old Trafford, mbere yo guhura n'andi makipe akomeye, harimo nka Borussia Dortmund na Barcelona, izakira iwayo.
Ariko kubera ko ikibuga cyayo kitujuje ibisabwa na UEFA, biteganyijwe ko iyo mikino izakinirwa kuri Olympic Stadium i Baku.
Mu mukino wa nyuma, The Owls izongera kujya mu Bwongereza, aho izahura na Arsenal, ari yo yatwaye Premier League iheruka.
Mickels ati: "Buri mukino wa Champions League urihariye kuko uba uhanganye na amwe mu makipe n'abakinnyi beza kurusha abandi mu Burayi.
"Birumvikana ko Manchester United na Barcelona bihita bigaragara kubera amateka n'izina bifite ku rwego mpuzamahanga.
"Gukinira kuri Old Trafford no kwakirira Barcelona i Baku ni ibihe buri mukinnyi w'umupira w'amaguru arota. Ariko tugomba kubaha buri mukinnyi duhangana na we ndetse na buri mukino, kuko uzaba umwanya wo kwipima ku rwego rwo hejuru."
Kurema amateka
Mickels yatsinze ibitego 19 ubwo Sabah yatwaraga igikombe cya shampiyona ku nshuro ya mbere mu mwaka ushize, ariko azi neza ko muri Champions League bazaba badafatwa nk'ikipe ihabwa amahirwe menshi yo gutsinda.
Nubwo bimeze bityo, avuga ko kugera muri iki cyiciro ari "amahirwe akomeye yo gukora amateka".
Yakomeje agira ati: "Turashaka guhatana muri buri mukino no kugaragaza ubushobozi bwadufashije kugera kuri uru rwego.
"Tuzi ko urwego ruzaba ruri hejuru cyane, ariko twizera ubushobozi bwacu n'imbaraga z'ikipe yacu. Turashaka kunguka ubunararibonye bukomeye, guha abafana bacu ibihe batazibagirwa no kubona amanota menshi ashoboka."
Umutoza wa Sabah, Valdas Dambrauskas, na we afite inkuru idasanzwe, kuko yakoresheje amafaranga yatsindiye mu irushanwa ryo kuri televiziyo ryo muri Lithuania ryitwa Who Wants to Be a Millionaire? mu gutangira umwuga we w'umupira w'amaguru.
Mickels yemera ko gukina muri Champions League nyirizina ari "ibyiyumvo byihariye" kuri buri wese muri iyi kipe, ariko avuga ko abakinnyi bafite intego yo kugira icyo bahindura muri iri rushanwa.
Ati: "Turashaka kubibyaza umusaruro uko bishoboka, tunezezwa n'aya mahirwe yo guhangana n'amakipe akomeye kandi dukomeza gutera imbere nk'ikipe.
"Turashaka kuva muri iyi mikino dufite amanota, kandi tugiye gukora ku buryo buri kipe duhangana na yo igorwa no kutwaka amanota. Iyo ni yo ntego."